Nyuma yo kwisubiza ku butegetsi babwambuye Abanyamerika, Abatalinani bakomeje imwe mu miziro yabo ku bagore aho noneho bababujijwe kwiga ngo bakandagire muri kaminuza.
Ni ingingo yiyama amahanga yatangiye gutuma urubyiruko rwo muri iki gihugu kigendera ku mahame akaze ya Kiislamu rwikoma.ubutegetsi.
Minisitiri ushinzwe amasomo atangwa muri za Kaminuza muri Afoganisitani yatangaje iyo ngingo, BBC yise ko isubiza inyuma igihugu ejo ku wa kabiri, avuga ko igiye gushyirwa mu bikorwa ako kanya.
Iyo ngingo ije gusubiza inyuma birenze uburezi ku bagore, ni mu gihe kandi abakobwa bari bamaze kubuzwa kwiga amashuri yisumbuye kuva aho Taliban bagarutse ku butegetsi mu mwaka ushize.
Kuri uyu wa gatatu, hari abagore bamwe bateguye imyigaragambyo mu Murwa Mukuru Kabul.






















