Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Angola (UNITA) ryatanze ubujurire mu rukiko bavuga ko ibyavuye mu matora y’abadepite bahaye intsinzi ishyaka ririho bakanongeza perezida uriho indi manda ya kabiri Joao Lourenco.
Umunyamabanga w’ishyaka UNITA, Faustino Mumbika, yatangarije AFP ati: “Ubujurire bwo guhangana n’ibisubizo bya nyuma bwatanzwe uyu munsi (ku wa 1 Nzeri 2022).”
Uburyo bwo kwamagana ibyavuye mu matora buteganya ko ubujurire mu nzira y’amategeko bugomba kubanza gushyikirizwa komisiyo y’amatora mbere y’uko ururkiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rufata icyemezo.
Kuva Angola yabona ubwigenge muri 1975, ibuhawe na Portugal, ishaya rya MPLA ryakomeje gutsinda UNITA, kuko buri gihe MPLA yatsindiraga kuri 51.17% naho UNITA ifite 43.95% nk’uko bitangazwa na komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora(CNE).
Umuyobozi w’Ishyaka rya MPLA, Adalberto Costa Junior ubu ufite imyaka 60, avuga ko iri shyaka ritigezwe rimenyeshwa icyemezo cya komisiyo y’amatora cyo kwemeza ibisubizo bya nyuma cyangwa ngo ribone kopi y’inyandikomvugo y’ibara ry’amajwi.






















