Abadepite 80 bagize inteko ishinga amategeko mu mutwe w’abadepite bamaze kurahirira inshingano zo gutangira imirimo yo gutora amsteheko no kugenzura ibikorwa bya guverinoma mu myaka 5 iri imbere.
Ni indahiro bakoreye imbere ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu Ngoro y’Inteko Ishinga amategeko, kuKimihurura.
Mbere yo kurahira kw’abadepite, Perezida wa Repubulika yabanje kwakira Indahiro ya Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente nawe warahiriye inshingano nyuma yo kongera kugirirwa icyizere na Perezida akongera gusubira muri izo nshingano amazemo imyaka 7 ishize.
Abadepite 80 batangiye Manda ya gatanu y’inteko ishinga amategeko barimo abagore 52 bangana na 63%, bavuye kuri 61% bariho muri Manda ishize, kuri ubu kandi abagabo 36.25%.


















