Perezida Paul Kagame yatangaje ko umusaruro w’amatora Abanyarwanda bavuyemo ugaragaza ubumwe n’intego baharaniraga.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame utangiye Manda y’imyaka 5 iri imbere, yashimiye Abanyarwanda bose bamugiriye icyizere.
Yakomeje agira ati: Nishimiye kongera kubabera umuyobozi ari we Perezida muri iyi Manda nshya dutangiye.
Ibihe byo kwamamaza n’amatora tuvuyemo byatubereye twese Abanyarwanda igihe cy’ibyishimo ndetse bigaragaza ko twanyuzwe.
Miliyoni z’Abanyarwanda bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza kandi hafi ya bose baratoye.
Ntabwo Ari imibare gusa ahubwo birenze ibyo twiboneye n’amaso n’ibyo twanyuzemo muri icyo gihe ukuri kurivugira.
Abanyarwanda twagaragaje ubumwe n’intego duhuriyeho yo kwigenera ahazaza hacu.
Iki nicyo tumaze iyi myaka yose ishize duharanira.
Ijambo yageneye Abanyarwanda bumva ururumi rw’Ikinyarwanda ryakurikiwe n’iryo yageneye abanyamahanga batumiwe muri uwo muhango numva ururimi rw’icyongereza.


















