Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

ETHIOPIA YASABYE ERITREA GUKURA INGABO ZAYO KU BUTAKA BWAYO

Monday 9 February 2026
    Yasomwe na

Hari ubwoba ko umwuka mubi ushobora kongera gututumba hagati ya Ethiopia na Eritrea. Leta ya Ethiopia yasabye Eritrea, igihugu bahana imbibi, gukura ingabo zayo ivuga ko zinjiye mu butaka bwayo.

Ibi bikubiye mu ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia yoherereje mugenzi we wa Eritrea, aho yanashinje iki gihugu gukora ibikorwa by’“iterabwoba”, agishinja gufatanya mu ibanga n’inyeshyamba zo mu majyaruguru ya Ethiopia no kuziha intwaro.

Eritrea ntiragira icyo isubiza kuri ibyo birego, nubwo mbere yari yarahakanye ko abasirikare bayo baba bararenze umupaka w’ibihugu byombi.


Ingabo za Eritrea zishinjwa kuvogera ubutaka bwa Ethiopia

Ibihugu byombi bifite amateka maremare y’amakimbirane yatangiye hafi imyaka mirongo itatu ishize, none hakaba hari impungenge ko ayo makimbirane ashobora kongera kuvamo intambara.

Hagati ya 1998 na 2000, Ethiopia na Eritrea byarwanye intambara ishingiye ku mipaka yahitanye abasaga ibihumbi 100.000, kandi n’amasezerano y’amahoro yasinywe nyuma yaho ntiyigeze ashyirwa mu bikorwa uko bikwiye.

Icyakora umubano w’ibihugu byombi wigeze kongera kuba mwiza nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, ahawe igihembo cy’amahoro cya Nobel kubera uruhare rukomeye yagize mu kugarura ubwiyunge hagati ya Ethiopia na Eritrea, harimo n’uruzinduko yagiriye mu murwa mukuru wa Eritrea, Asmara, mu 2018.

Nyuma yaho, ibi bihugu byanagize ubufatanye mu ntambara y’abenegihugu yabaye muri Ethiopia, aho Eritrea yashyigikiye ingabo za Leta mu kurwanya umutwe wa Tigray. Gusa uwo mubano ntiwatinze gukomera, kuko ibintu byaje kongera kuzamo agatotsi.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru