Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Abarwanyi 44 Ba FDLR N’imiryango Yabo Bahawe Igihe Ntarengwa Cyo Kuba Batashye Mu Rwanda

Sunday 29 April 2018
    Yasomwe na

Abari abarwanyi ba FDLR bari bacumbikiwe mu nkambi ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabwe gutaha mu Rwanda bitarenze itariki ya 20 Ukwakira 2018.

Iyo nteguza bayihawe ku wa 26 Mata 2018, n’itsinda ry’abagize Guverinoma ya Congo n’indi miryango nka SADC, CIRGL na Monusco.

Iyi nteguza ireba abari abarwanyi 44 ba FDLR ndetse ikaba inareba imiryango yabo igizwe n’abantu 147, bose bacumbikiwe mu nkambi ya Walungu.

Umujyanama muri Komite Nshingwabikorwa ishinzwe gugenzura iyubahurizwa ry’amasezerano y’i Addis-Abeba, Patrick Mutombo avuga ko izi mpunzi zose zigomba gutaha mu Rwanda, mu gihe nta kindi gihugu kiteguye kuzakira.

Radiyo Okapi itangaza ko iyi myanzuro kandi ngo ireba Abari abarwanyi ba FDLR bari mu Nkambi ya Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru, no muri Kisangani mu Ntara y’iburasirazuba.

Iyi myanzuro kandi ngo isaba impunzi gutaha iwabo, ngo inareba impunzi z’abahoze ari abarwanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda na Uganda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru