Mutungirehe Samuel
Mu gihe mu Rwanda kuva icyorezo cya Coronavirus cyatamgira kwitambika gahunda z’abasore n’inkumi bifuza kurushinga imbere y’amategeko no kwereka ibirori imiryango bamwe bakahakura imvugo ngo "Nta Gikwe", Umwami wa Arabia Soudite nawe yabirebye abona gahunda ishobora kuba yarabaye imwe ashyiraho ibihumbi bisaga 900 by’amadorali , arenga miliyari y’amanyarwanda ku basore bifuza kurushinga.
Inkuru y’ikinyamakuru Arabanews, ivuga ko umwami wa Arabia Sawudite Mohammed bin Salman yatanze $ 997,080, hafi Miliyari y’Amanyarwanda mu rwego rwo gutera inkunga abasore kugira ngo bashake abagore yewe.
Yanabikoze mu kongerera ubushobozi abasore bafite ubumuga kugira ngo babashe kurongora.
Aya mafaranga, Mohammed bin Salman yatanze bivugwa ko azagenerwa abasore bagera kuri 200 badafite ubushobozi bwo gushaka abagore nk’imbaraga n’akanyabugabo abateye. Bwa mbere kandi hari hatanzwe Miliyoni 250 mu gufasha urubyiruko kwikura mu bukene kugira ngo rugire imibereho myiza.

















