Abaturage benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kugaragaza kutishimira ikibazo cy’ibura ridasanzwe ry’amashanyarazi rimaze iminsi rigaragara hirya no hino mu gihugu.
Ibi bije nyuma y’uko Ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda (REG) gitangaje ko guhera kuri uyu munsi kugeza mu cyumweru gitaha hateganyijwe ibura ry’amashanyarazi azajya abura mu bice bimwe byo mu turere turenga icumi. REG yasobanuye ko iri bura rizajya rimara amasaha agera kuri atatu ku munsi, bitewe n’imirimo yo kwagura no gusana imiyoboro y’amashanyarazi.
Kuva mu mpera z’umwaka ushize, mu bice bitandukanye by’igihugu hakomeje kugaragara ikibazo cyo gucikagurika k’umuriro, aho kenshi REG yagiye isobanura ko biterwa n’ibibazo bya tekiniki.
Urugero ni mu ijoro ryo ku Cyumweru, ubwo amashanyarazi yabuze mu duce tumwe, REG ikandika ku rubuga X ko habaye ikibazo cya tekiniki kandi ko bari gukora ibishoboka byose ngo umuriro ugaruke vuba.
Mu kwezi gushize kandi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye, yanditse ku rubuga X asaba imbabazi Abanyarwanda kubera ibura rikomeye ry’amashanyarazi ryari rimaze iminsi riboneka. Yavuze ko ibyo bibazo bifitanye isano n’imiyoboro u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu, yizeza ko bizakemurwa mu gihe cya vuba.
Imibare itangazwa n’inzego za Leta igaragaza ko ubu ingo zigera kuri 85% zifite amashanyarazi, zivuye kuri 64% mu myaka itanu ishize. Nanone ubushobozi bwo gutunganya umuriro bwazamutse bugera kuri megawatt 467, buvuye kuri 238 mu 2020, kandi hari intego yo kugera kuri megawatt 1,066 mu 2034 hifashishijwe ingomero, ingufu z’izuba ndetse n’izikomoka kuri nikleyeri.
Nubwo hari izi ntambwe zatewe, gucikagurika kw’amashanyarazi mu mezi ashize byakomeje gutera impungenge abaturage benshi, by’umwihariko abacuruzi bato bakeneye umuriro uhoraho mu kubika ibicuruzwa byabo.
Chadadi Habimana




















