Abimukira n’impunzi babarirwa mu bihumbi mu binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bagombaga koherezwa mu Rwanda, benshi muri bo baburiwe irengero.
Byatangajwe na Minisiteri y’Umutekano mu Bwongereza, ari nayo ifite mu nshingano aba bantu.
Inyandiko z’iyi Minisiteri zigaragaza ko abagera kuri 700 mu 5000 bateganywaga koherezwa mu Rwanda ari bo bazwi aho baherereye.
Abayobozi muri Minisiteri y’Umutekano bagaragaje ko abari hagati ya 100 na 150 ari bo bashobora koherezwa mu ndege ya mbere hashingiwe ku kuba abatoroka ari benshi.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavuze ko aba mbere bazoherezwa mu ntangiriro z’uyu mwaka mu gihe itegeko ryemera kubohereza ryaba ryemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko.
Uyu mushinga w’itegeko ukumira imbogamizi zishingiye ku mategeko kuri politiki y’u Rwanda na bimwe mu bikubiye mu itegeko rigenga uburenganzira bwa muntu kandi uha abaminisitiri ububasha bwo kwirengagiza ibyemezo byatanzwe n’abacamanza bo mu Burayi.
Nubwo bimeze bityo ariko, muri iki Cyumweru gishize wamaganwe n’abadepite 50 batekereza ko amategeko atasesenguwe neza basaba ko hakora amavugurura yo guha imbaraga uyu mushinga.
Kohereza abimukira byagombaga gukorwa muri Kamena 2022 ariko Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu rurabihagarika.



















