Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

DRCongo yahaye gasopo ibinyamakuru bitangaza intsinzi ya M23

Wednesday 8 January 2025
    Yasomwe na

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRCongo) yateguje ibitangazamakuru bikorera ku butaka bwayo ko ibitangaza amakuru y’intsinzi ya M23, yise y’iterabwoba, bishobora kuzahagarikwa.

Ni umuburo watanzwe na Perezida w’urwego rwa Leta ya RDC rushinzwe kugenzura imikorere y’itangazamakuru (CSAC), Christian Bosembe, kuri uyu wa 7 Mutarama 2025, mu mabaruwa yandikiye umuyobozi wa radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), France 24 na TV5 Monde.

Bosembe yasobanuriye aba bayobozi ko ibi binyamakuru bikunze gutangaza ko M23 yafashe uduce, ngo nyamara iyo bigeze ku bice igisirikare cya RDC cyisubiza, biraceceka.

Yagize ati “Mbabajwe n’uko bimwe mu binyamakuru nka RFI, TV5 na France 24 biri gutangaza ibyitwa gufata ibice k’umutwe w’iterabwoba mu gihe bihisha ibyo FARDC igeraho. Twubaha ubwisanzure bwo kuvuga no gutanga amakuru ariko tunamagana kubererekera iterabwoba.”

Bosembe yakomeje ati “Ndasaba itangazamakuru, ryaba iryo mu gihugu na mpuzamahanga kubahiriza izi ndangagaciro shingiro. Mu bubasha bwanjye nka Perezida wa CSAC, ntabwo nzazuyaza mu kubihagarika ku butaka bwa RDC mu gihe byakomeza.”

Gusa igisirikare cya FARDC gikunze gutangaza amakuru nayo ajya ashidikanywaho mu bibera ku rugamba, urugero ni ay’ifatwa ry’agace ka Ngungu muri teritwari ya Masisi, yari yatangajwe n’igisirikare cya leta kuri uyu wa 7 Mutarama 2025. Bamwe mu banyamakuru b’Abanye-Congo bari bayasakaje ku mbuga nkoranyambaga basabye imbabazi ababakurikira, basobanura ko atari impamo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru