Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Hagiye gushozwa intambara ku mitwe ikorera muri Congo

Monday 12 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

I Kinshasa hasinywe amasezerano yemerera ingabo zihuriweho z’Umuryango wa EAC gushoza intambara ku mitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba Congo.

Umunyamabanga wa EAC, Dr. Peter Matuku Mathuki, yashyize umukoni kuri aya masezerano hamwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Christophe Lutundula tariki ya 8 Nzeri 2022. Ni umuhango wayobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Nyuma yo gusinya ayo masezerano, Lutundula yagize ati: “Koherezwa kw’izi ngabo biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’abakuru b’ibihugu bya EAC bigamije gukemura burundu ikibazo cy’ituze, umutekano n’amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.”

Ibiro bya Perezida wa Congo, bisobanura ko izo ngabo za EAC zizoherezwa mu Burasirazuba bw’iki gihugu vuba bidatinze.

Biteganijwe ko umusirikare w’umunyakenya ariwe uzaba uyoboye ibikorwa by’izo ngabo, nk’uko Rwandatribune dukesha iyi nkuru ibivuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru