Abari bitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Mutekano muri Afurika (International Security Conference on Africa - ISCA), bamaze iminsi ibiri bari mu Rwanda aho inama yabereye, kuri uyu wa Kane basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye ku Gisozi, mu mujyi wa Kigali.
Iyi nama yahuye n’igihe u Rwanda ruri mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe k’iminsi ijana. Abitabiriye urugendo rwo gusura urwibutso bahawe ibisobanuro birambuye ku mateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside ndetse n’uburyo u Rwanda rwabashije kwiyubaka nyuma y’ayo mateka mabi mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize.
Mu rugendo bakoze, basobanuriwe uko Jenoside yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa, n’ingaruka zayo ku gihugu n’abaturage. Banabonye amafoto, inyandiko n’ibindi bimenyetso bigaragaza ubukana n’ubugome bwayiranze, banasobanuriwe kandi urugendo rwo gusana igihugu cyasenywe.



















