Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Abitabiriye Inama mpuzamahanga yiga Ku mutekano muri Africa (ISCA) basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku Gisozi.

Friday 23 May 2025
    Yasomwe na

Abari bitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Mutekano muri Afurika (International Security Conference on Africa - ISCA), bamaze iminsi ibiri bari mu Rwanda aho inama yabereye, kuri uyu wa Kane basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye ku Gisozi, mu mujyi wa Kigali.


Abitabiriye iyi nama basobanuriwe uko Jenoside yateguwe n’urugendo rwo kwiyubaka u Rwanda rurimo.

Iyi nama yahuye n’igihe u Rwanda ruri mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe k’iminsi ijana. Abitabiriye urugendo rwo gusura urwibutso bahawe ibisobanuro birambuye ku mateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside ndetse n’uburyo u Rwanda rwabashije kwiyubaka nyuma y’ayo mateka mabi mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize.

Mu rugendo bakoze, basobanuriwe uko Jenoside yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa, n’ingaruka zayo ku gihugu n’abaturage. Banabonye amafoto, inyandiko n’ibindi bimenyetso bigaragaza ubukana n’ubugome bwayiranze, banasobanuriwe kandi urugendo rwo gusana igihugu cyasenywe.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru