Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

ITARIKI Y’IBIZAMINI BYA LETA BISOZA UMWAKA W’AMASHURI 2024-2025 YAMENYEKANYE.

Monday 26 May 2025
    Yasomwe na

Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu mwaka w’amashuri wa 2024–2025 bizatangira ku wa 30 Kamena 2025, bikazarangira ku wa 3 Nyakanga 2025 mu mashuri abanza. Ibi byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi ubwo yashyiraga hanze ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2024–2025.


Ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye bizatangira ku wa 19 Gicurasi 2025, bikazarangira ku wa 6 Kamena 2025.


Nesa yemeje amatariki ibizamini bya leta bizakorerwaho.

Ibizamini byanditse byo mu mashuri yisumbuye (ibyiciro byombi) bizatangira ku wa 9 Nyakanga 2025, bikazarangira ku wa 18 Nyakanga 2025.

Ministeri y’uburezi ivuga ko mu gihugu hose, abakandida ibihumbi 471,009 ari bo biyandikishije ko bazakora ibizamini bya Leta, abo ni abo mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza, icyiciro rusanga, ndetse no mu mwaka wa 6 w’ayisumbuye.

Minisiteri y’Uburezi yasabye abanyeshuri, abarezi n’ababyeyi gukomeza kwitegura neza kugira ngo ibizamini bizagende neza kandi mu mucyo.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru