Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Afurika y’Epfo: Ubugizi bwa nabi bwatwaye ubuzima bw’abasaga 7000 mu minsi micye

Monday 28 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Imibare mishya ya Polisi igaragaza ko abantu bagera ku 7000 bishwe n’udutsiko tw’abagizi ba nabi mu mezi atatu gusa, muri Afurika y’Epfo.

Ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ni bwo komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ikurikirana ibikorwa bya polisi yashyikirijwe amakuru arambuye yerekeye ibi byaha byakozwe kuva ku ya 1 Nyakanga kugeza ku ya 30 Nzeri.

Imibare y’icyo gihembwe igaragaza ubwiyongere bw’ibyaha by’ubwicanyi, gusambanya no gushimuta abantu ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka ushize nk’uko inkuru Press TV yabitangaje.

Ibyaha by’ubwicanyi byazamutse ku gipimo cya 14% ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe nk’iki mu mwaka ushize wa 2021, aho abantu 6163 bishwe. Abagore 1000 n’abana barenga 550 bari muri abo bishwe. Abagore 1,277 baribasiwe hagamijwe kubambura ubuzima.

Ibyaha byo gusambanya abagore ku ngufu na byo byariyongereye, naho ibyo gushimuta byikuba kabiri bigera ku barenga 4000 babikorewe ugereranyije n’umwaka ushize.

Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya polisi, Bheki Cele, yatangaje ko ikigero cy’abagore bahohoterwa abandi bakicwa muri Afurika y’Epfo giteye ubwoba, kandi kidakwiye kwihanganirwa.

Ati “Imibare y’ibyaha bikorwa igaragaza ko twe nka sosiyete tukinanirwa kurengera abanyantegenke.” Nk’uko IGIHE dukesha iyi nkuru babivuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru