Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Imibare mishya ya Polisi igaragaza ko abantu bagera ku 7000 bishwe n’udutsiko tw’abagizi ba nabi mu mezi atatu gusa, muri Afurika y’Epfo.
Ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ni bwo komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ikurikirana ibikorwa bya polisi yashyikirijwe amakuru arambuye yerekeye ibi byaha byakozwe kuva ku ya 1 Nyakanga kugeza ku ya 30 Nzeri.
Imibare y’icyo gihembwe igaragaza ubwiyongere bw’ibyaha by’ubwicanyi, gusambanya no gushimuta abantu ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka ushize nk’uko inkuru Press TV yabitangaje.
Ibyaha by’ubwicanyi byazamutse ku gipimo cya 14% ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe nk’iki mu mwaka ushize wa 2021, aho abantu 6163 bishwe. Abagore 1000 n’abana barenga 550 bari muri abo bishwe. Abagore 1,277 baribasiwe hagamijwe kubambura ubuzima.
Ibyaha byo gusambanya abagore ku ngufu na byo byariyongereye, naho ibyo gushimuta byikuba kabiri bigera ku barenga 4000 babikorewe ugereranyije n’umwaka ushize.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya polisi, Bheki Cele, yatangaje ko ikigero cy’abagore bahohoterwa abandi bakicwa muri Afurika y’Epfo giteye ubwoba, kandi kidakwiye kwihanganirwa.
Ati “Imibare y’ibyaha bikorwa igaragaza ko twe nka sosiyete tukinanirwa kurengera abanyantegenke.” Nk’uko IGIHE dukesha iyi nkuru babivuga.






















