Abuyobozi bo mu ntara y’Amajyaruguru basabwe, kurushaho kwita kuri serivisi baha abaturage bijyanye n’ibipimo byagaragajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), aho iyi ntara iri kuri 76.2% mu mitangire ya serivisi.
Babisabwe mu nama nyunguranabitekerezo yahuje uru rwego RGB, ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’Abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF), barebera hamwe ibyagezweho ku bufatanye bw’izi nzego zose mu mwaka wa 2023 no kugaragaza ibyavuye mu bushakashatsi ku gipimo cy’imiyoborere (CRC).
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, Dr Usta Kaitesi yasabye Abayobozi b’Inzego z’ibanze kurushaho kunoza ubufatanye n’Abafatanyabikorwa mu iterambere JADF hagamijwe kugera ku ntego yo guteza imbere abaturage no kuzamura imibereho yabo kugira ngo irusheho kuba myiza.
Abitabiriye iyi nama batanze ibitekerezo bitandukanye biganisha ku bufatanye bw’inzego mu mitangire ya serivisi no gushyira imbaraga aho RGB yabagaragarije ko hakiri icyuho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice yasabye abayobozi mu nzego zitandukanye kwita kuri serivisi ihabwa abaturage, bagashyiramo imbaraga myinshi cyane
Yagize ati: "Ibyo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB rutugaragarije nk’abayobozi mu Ntara yacu, biratanga umukoro wo kurushaho kwita kuri serivisi ihabwa umuturage. Bityo ni ngombwa kurushaho kumuha serivisi inoze kandi itangiwe ku gihe kandi ndizera ntashidikanya ko bigomba gukorwa."
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rwatangaje ko ubushakashatsi ku Ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye (CRC2023), igaragaza ko abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bishimiye imitangire ya serivisi ku kigero cya 76.2% kandi ko mu byiciro 16 byasuzumwe, umutekano uri ku isonga n’amanota 89.8% mu gihe serivisi z’ubutaka n’imiturire ziri ku kigero cyo hasi cya 60.4%.
Dore uko abaturage babona serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze mu turere two mu Ntara y’Amajyaruguru, CRC2023
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje





















