Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umukuru w’Urwego rw’Imiyoborere, RGB, Dr. Usata Kayitesi yanenze abayobozi badakora neza ibiri mu nshingano zabo kandi bakaguma mu kazi.
Yabibanengeye Mu nama nyunguranabitekerezo y’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF) mu turere tugize iyi ntara y’Amajyaruguru.
Yagize ati: "Ugasanga umuntu ashinzwe nk’uburezi mu murenge yubatse amashuri agasenyuka mu gihe kitageze no ku mezi abiri, uwo muntu ntakurikiranywe kandi noneho agahama mu kazi; biteye isoni!"
Yakomeje avuga ko nubwo hari intambwe igenda iterwa mu miyoborere muri iyi ntara hari byinshi bigikenewe gukorwa , birimo gukora ibintu abantu babishyizeho umutima, aho avuga ko aho bafite inenge.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla yavuze ko kubufatanye n’abafatanyabikorwa bagiye kwicara bakarebera hamwe icyakorwa kugira ngo bikosorwe, umwaka utaha ibipimo bizabe bimeze neza.
Yagize ati: "Tugiye kwicara n’abafatanyabikorwa twongere tuganire, tubikosore kandi icyo tugiye gukora ni uguhuza imbaraga kugira ngo ibi byose twanenzwe bizagende neza umwaka utaha."
Abajijwe ku bakora amakosa ahanini ajyanye n’imyubakire y’ibikorwa remezo birimo amashuri amara icyumweru kimwe agatwarwa n’ibiza, Guverineri Nyirarugero yavuze ko ababyitwayemo nabi barimo kubazwa inshingano.
Yagize ati: "Amashuri yubatswe akaguruka mu gihe gito ku bugenzuzi bwakozwe abagiye babigiramo uruhare barabazwa inshingano."
Byagaragaye ko mu ntara y’Amajyaruguru hejuru ya 50% batabona abatanga serivisi mu gihe babakeneye, hakaba n’abari ku kazi ariko batita ku nshingano.
Ubushakashatsi bwa CRC2022 bugaragaza ko muri iyi ntara y’Amajyaruguru hari ibyiciro bikiri hasi bikeneye kwitabwaho by’umwihariko mu buhinzi, ubutaka n’imiturire, ibikorwaremezo, uburezi no kuzamura imibereho myiza.





















