Ku munsi wa 14 umukandida ku mwanya w’Umukuru w’igihugu Hon Dr Frank Habineza ari kumwe n’abakandida Depite bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo, aho mu Murenge wa Kibeho bizeza abashomeri kubona akazi.
Kuri iki cy’umweru tariki ya 7 Nyakanga 2024 umukandida ku mwanya w’Umukur w’igihugu Hon Dr Frank Habineza yerekeje mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe aho yagejeje imigabo n’imigambi ku barwanashyaka ba Green Party
Muri santere ya Ndagu y’Akarere ka Nyaruguru abaturage bari baje ari benshi kumva imigabo n’imigambi y’uyu mukandinda aho wabonaga bafite inyota yo gutega amatwi kugira ngo bumve ibikubiye muri Manifesto y’ishyaka GreenParty ikubiyemo ibyo bazakorera abaturage nibaramuka batowe.
Dr Frank Habineza yagize ati:"Tuzi ko hano Nyaruguru mugira amata menshi, ariko nta makusanyirizo mufite, ikibazo cy’ubushomeri kirahiri, nimudutora tuzubaka uruganda rutunganya ibikomoka ku mata abantu babone akazi, twavuze byinshi birakorwa ibi nabyo bizakunda."
Dr. Frank Habineza na Madamu we basuhuza abaturage
Yakomeje agira ati:"Ubu dufite gahunda yo guca ubushomeri mu rubyiruko, muri gahunda yacu dushyira uruganda muri buri murenge, turashaka guteza imbere Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, ubwo turimo kurwanya ubushomeri duteza imbere ubukungu bw’Igihugu cyacu."
Abo mu Murenge wa Gasaka w’Akarere ka Nyamagabe nabo bakiriye neza umukandida Perezida wabo, wari waje kubabwira ko hari ibibazo byinshi agomba kubakemurira mu gihe bazaba batoye ku kirango cya Kagoma.
Yagize ati:"Turashaka gukomeza guteza imbere abanyarwanda bakohaza mu biribwa, numvise ko mwabuze ifumbire hanon i Nyamagabe ibyo byose tuzabikemura nimutora Green Party muzishima cyane, kuko twebwe icyo dushije imbere n’ubumwe bw’Abanyarwanda, abantu bose bazabona imirimo bave mubushomeri."
Urubyiruko ruvuga ko ikibazo cy’ubushomeri gikomeye hashingiwe ku kuba mu gihe cyo gushakisha akazi hari ubwo umwanya umwe upiganirwa n’abarenze 300 nyamara utanahambaye cyangwa ngo ube uhemba amafaranga menshi.
Ibyavuye mu isesengura riheruka mu kwezi ku Ugushyingo 2022 ryerekana ko abaturage bari mu myaka yo gukora bari bageze kuri miliyoni zirenga umunani.
Muri bo miliyoni 3,5 bari bafite akazi mu gihe 1,4 bari abashomeri, mu gihe Abarenga miliyoni 3,3 bari hanze y’isoko ry’umurimo. Abafite akazi bagabanutseho 3,8% bava kuri miliyoni 3,71 muri Kanama 2022, kugeza ubu ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko kigeze kuri 29,7%.
Ibikorwa byo kwiyamamaza ku mukandinda Perezida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije bizakomereza mu karere ka Bugesera na Kicukiro tariki ya 8 Nyakanga 2024.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje






















