I Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hateraniye inama y’igitaraganya yari ihuje ba inzobere zo by’ubucuruzi muri Minisiteri y’Ubucuruzi bwo hanze muri RDC n’abo muri Ambasade ya Uganda ikorera i Kinshasa, biga uko iki gihugu cyafungurira amakamyo atagira uko angana ya Congo yangiwe kwinjira.
Ni inama yateranye kuri uyu wa Kbiri tariki ya 16 Nyakanga 2024, nyuma yuko Leta ya Museveni yanze ko ikamyo za RDCongo zikoreye amafi zinjira muri Uganda mu minsi ishize.
Ni inama ihagarariwe na Julien Paluku Kahongya, akaba minisitiri w’Ubucuruzi bwo hanze ya Congo ndetse na Matata Twaha ari we Ambasaderi w’ububanyi n’amahanga wa Uganda ukorera muri Ambasade ya Uganda iri Kinshasa.
Icyemezo cya Uganda nubwo itaratangaza icyatumye igifata ariko ntwabura kugihuza nuko Congo yaba ariyo nyirabayazana kuko iherutse kwikoma Uganda ko ishyigikiye umutwe wa M23 bamaze umwaka barwana urwabuze gica. Iyi congo kandi iherutse kuvuga ko igiye gucana umubano na Uganda, ababirebera hafi bakavuga ko byaba ari uguhemukira abaturage bungukiraga mu mubano w’impande zombi binyuze mu buhahirane n’ubucuruzi.
Ingaruka z’ibi zumva n’abaturage bo ku ruhande rwa Congo batuye muri Kasindi-Lubiriha-Beni-Oicha-Butembo na Lubero kuko ari bo bari mu nzira zifite aho zihuriye n’ibijya Congo bivuye cyangwa binyuze muri Uganda.
The Update dukesha aya makuru yanditse ko irindi tsinda rizaba riyobowe na Minisitiri Paluku riteganyijwe kuzagirira uruzinduko i Kampala muri Uganda mu cyumweru gitaha, kujya kuganira n’ubutegetsi bwaho ngo bwumve icyagarura ubwo buhahirane.
Hagati ahoa ariko nubwo umubano uatngiye kuzamo agatotsi, Uganda iracyakomeje ibikorwa ifatanyijemo na Congo "Operation Shujaa", byo guhashya umutwe w’iterabwoba wa ADF uba mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Congo mu gihe cyegereye Uganda aho ukomeje kwica abaturage b’ibihugu byombi ndetse ugateza umutekano muke mu karere.
Ifoto y’ububiko




















