Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Amakimbirane ari muri politiki ntakwiye gutuma ubucuruzi buhagarara-Dr. Ngabitsinze

Wednesday 5 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Ngabitsinza Jean Chrysostome yatangaje ko umwuka mubi umaze igihe kitari gito hagati y’u Rwanda na Congo, ntabwo yatuma abaturage b’ibi bihugu byombi badakora akazi kabo gasanzwe kandi n’ubuhahirane burakorwa ku mahoro.

Yabitangaje mu gihe u Rwanda rwatangiye gahunda y’Ubukangurambaga mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu, bwo kumenyekanisha isoko rusange rya Afurika AfCFTA rifite ikicaro mu Rwanda.

Umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yashatse kumenya icyo Leta izakora mu guteza imbere ubuhahirane bw’u rwanda n’ibihubu bya Afurika mu gihe n’ibihugu bituranye ubuhahirane busa nubwahagaze, bitewe n’agatotsi mu mubano kuri buri ruhande, birimo na Congo isanzwe ifite ubucuruzi bukorerwa mu mipaka itandukanye n’u rwanda muri iki gihe isa n’iyahagaze gukora amasaha menshi.

Minisitiri yasubije ko kuba u Rwanda rutigeze rufunga imipaka iruhuza na Congo, arinabyo bituma abaturage b’ibihugu byombi bagikomeje gucuruza kandi bambuka imipaka ntakibazo. Gusa nubwo abaturage bisanzuye gutyo muri politiki ho yemera ko harimo umwuka mubi.

Congo ishinja u Rwanda kuba rwihisha mu gicucucu cya M23 rugatera ubusugire bwa Congo. Ibyo ni ibirego u Rwanda rwakomeje guhakana rwivuye inyuma.

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Minisitri Jean Chrysostome Ngabikinze, we avuga ko kuba ibibazo biri muri politiki bidakwiye gutuma ubucuruzi buhagarara, nubwo bwagabanuka ariko ntibuhagarare.

Yagize ati: “Mu minsi ishize umusirikare wa congo yarambutse akora ibyo akora anahasiga ubuzima, ariko nta n’amasaha abiri yashize, Abanyekongo barambutse baza mu Rwanda guhaha kandi n’abaturage bo mu Rwanda barambutse bajyayo guhaha.”

Yakomeje avuga ko ikibazo kiri muri politiki kitari muri business.

Ati: “Ikibazo kiri muri politiki ntikiri muri business, kuko business ni win-win (inyungu ku nyungu). Abaturage bacu barashaka gucuruza, ninaho tubonera ikizere. Ninayo mpamvu dushyira imbaraga mu byo dukora ku mupaka; ntitwigeze tugabanya na gato ngo ni uko harimo ibibazo. Dushyirayo ibikorwaremezo buri munsi.”

Minisitiri yavuze ko ibibazo bya politiki bishobora kuba byahungabanya ubucuruzi ariko nk’ashinzwe ubucuruzi bashyira igikwiye ahakwiye.

Yanavuze ko nubwo ibintu byagabanutse ariko amafaranga akinjira mu gihugu, baracyacuruzanya, muri Congo baragura abanyarwanda baragurisha. Gusa nubwo bimeze bityo hari iimbogamizi bifuza ko zavaho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru