Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Amatora muri US 2020: Ilhan Omar yatsindiye kuguma mu nteko

Thursday 5 November 2020
    Yasomwe na

by Scovia mutesi

Inkuru ya BBC
Ilhan Omar, Umunyamerika ukomoka muri Somalia, yatorewe kuguma mu mwanya w’umudepite uhagarariye leta ya Minnesota, yatsinze ku majwi 64%.

Ilhan Omar yamenyekanye cyane kubera kunenga yeruye politiki za Perezida Trump ku bubanyi n’amahanga, ivanguramoko, n’abagore.

Amaze gutsinda, Madamu Omar w’imyaka 38, yabwiye BBC ko ibi bifite icyo bisobanuye ku rubyiruko rw’abakobwa n’abasore.

Yagize ati: "Ntekereza ko intsinzi yanjye ari umusaruro wo kuba umunyakuri muri politiki, by’umwihariko iyo ukorera abantu ubaha icyizere cy’iterambere."
Madamu Omar yavuze ko urugamba rwe kuri Perezida Trump rutazahagarara, niba uyu nawe yongeye gutorwa.

Ati: "Ndatekereza ko urugamba ruzasubukura. Nk’uko mubizi uyu si perezida ushaka gukorana n’abandi. Numva ari umunyamico mibi udashaka uburinganire bw’abantu...Nizera ko abantu tubibona kimwe".

Madamu Omar yageze muri Amerika nk’impunzi afite imyaka 10, yari kumwe n’ababyeyi be bavuye mu nkambi ya Dadaab muri Kenya aho bari barahungiye intambara yo muri Somalia.

Yabaye Umunyamerika wa mbere wavukiye muri Somalia, n’Umunyafurika wa mbere wahawe ubwenegihugu, wabaye umudepite wa Amerika.
Ibimaze kuva mu matora byerekana ko Joe Biden ari we watsinze amatora muri leta ya Minnesota.

Iyi leta Ilhan Omar ahagarariye mu nteko, yabayemo imyigaragambyo ikomeye mu mezi ashize nyuma y’uko umwirabura George Floyd apfuye nyuma yo gutsikamirwa ku ijosi n’umupolisi mu mujyi mukuru w’iyi leta, Minneapolis.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru