Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ambasaderi Rugwabiza yahawe umwanya muri Loni

Saturday 19 February 2022
    Yasomwe na

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (L’ONU) Antonio Guterres yahaye Amb. Valentine Rugwabiza inshingano zo kuyobora ubutumwa bw’uyu muryango muri Centrafrique biswe MINUSCA.

Amb. Rugwabiza azatangira inshingano nshya mu mpera z’uku kwezi, asimbuye Mankeur Ndiaye wayobora Ubutumwa bwa MINUSCA guhera mu mwaka wa 2019.

Bisa n’ibihuriranye nuko Perezida Kagame amusimbuje Amb. Claver Gatete wari usanzwe ari Minisitiri w’ibikorwa remezo mu Rwanda.

United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) yatangiye gukorera muri kiriya gihugu guhera mu mwaka wa 2014 mu rwego rwo kuhagarura amahoro nyuma y’imidugararo hagati ya Seleka na Anti Balaka yahitanye benshi.

Muri Centrafrique azahasanga abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bahoherejwe ngo bafashe mu kuhagarura amahoro arambye.

Abapolisi ba UN bose bakorera muri kiriya gihugu bayobowe n’Umunyarwanda witwa CP Christopher Bizimungu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru