Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Ambasaderi wa DRC mu Bufaransa yahamagajwe

Friday 30 December 2022
    Yasomwe na

Isabel Tshombe wari uhagarariye Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Bufaransa yahamagajwe n’igihugu cye kugira ngo agire ibyo abazwa.

Amb. Tshombe yahamagajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’igihugu cye nyuma yo gushijwa kurigisa Miliyoni € 2.5.

Si ibyo gusa kuko hari n’amakuru avuga ko yatwaye menshi kurusha avugwa, iperereza rikaba rigikomeje.

Jeune Afrique ivuga ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi Christophe Lutundula ari we wohereje ibaruwa muri Ambasade y’igihugu cye mu Bufaransa, ategeka ko Tshombe ataha bitarenze taliki 15, Mutarama, 2023.

Uyu mugore yatangiye guhagararira igihugu cye mu Bufaransa muri Mutarama, 2022.

Ibaruwa imusobanurira impamvu atumijwe, ifite paji ebyiri ikaba yaramugezeho taliki 27. Ukuboza, 2022.

Nagera i Kinshasa azitaba Komisiyo ya disipuline imubaze icyatumye ashora amaboko mu kigega cya Leta.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru