By Imfurayabo Pierre
Ejo kuwa kabiri abaturage ba Malawi barasubira mu matora ya perezida wa repubulika amezi atanu nyuma y’uko urukiko rw’itegekonshinga rutesheje agaciro ibyavuye mu matora y’umwaka ushize.
Perezida Peter Mutharika niwe wari watangajwe ko yatsinze amatora yo mu kwezi kwa gatanu 2019 ku ntsinzi ntoya n’amajwi 38,5%.
Uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rwaregeye urukiko ko aya matora yabayemo byinshi bitagenze neza.
Abacamanza bemeranyije n’uru ruhande batesha agaciro ibyayavuyemo mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, bategeka ko asubirwamo.
Ubu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashyize hamwe bashyira imbere umukandida umwe uzahatana na Bwana Mutharika - uri kwiyamamariza manda ya kabiri.
Hashize amezi muri Malawi hari ibihe bidasanzwe bya politiki mu mateka y’iki gihugu. Hagiye haba imyigaragambyo yamagana ubutegetsi.
Uwari ukuriye komisiyo y’amatora mu minsi ishize yareguye, ubu hashyizweho ikipe nshya yo gutegura amatora y’ejo kuwa kabiri.
Mu matora y’ejo, Bwana Mutharika ahatanye n’umunyapolitiki Lazarus Chakwera, wahoze ari umuvugabutumwa, ubu wahuje abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Uzatsinda amatora azaba agomba guhagarika amacakubiri n’urugomo byaranze cyane umwaka ushize. Ruswa, ubukene n’ubushomeri ni ibindi bizaba bireba cyane perezida uzatorwa.
Abanyamalawi biteze ko uwo bazatora ejo azabaha ikizere cy’impinduka mu gihugu.



















