Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yijeje Ukraine ubwirinzi bwisumbuye, mu gihe u Burusiya bukomeje gukaza ibitero bya missiles.
Ni ubwirinzi bw’ibikoresho bizaburizamo ibisasu bikomeye biterwa n’ingabo z’Uburusiya, nk’ibiherutse gusenya ibintu mu murwa Mukuru KYVIV wa Ukrainw n’ahandi.
Mu itangazo White House yasohoye kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko aba bayobozi bombi bagiranye ikiganiro kuri telefoni.
Ni nyuma y’uko u Burusiya bwarashe ku mijyi myinshi ya Ukraine, mu kwihimura ku iturika ry’ikiraro gihuza u Burusiya na Crimea, bwavuze ko ari igikorwa cy’irerabwoba cyihishwe inyuma n’inzego z’iperereza za Ukraine.
Ubuyobozi bwa Ukraine bwatangaje ko u Burusiya bwarashe missiles 84 mu mijyi 10 irimo n’umurwa mukuru Kyiv, babasha gukumira 56 hifashishijwe ubwirinzi bwa gisirikare, air defence systems.
Itangazo rikomeza riti “Perezida Biden yijeje gukomeza guha Ukraine inkunga ikenewe mu kwirinda, harimo n’intwaro zigezweho zikumira ibitero byo mu mirere.”
Yamwijeje ko Amerika irimo gukorana n’ibihugu by’inshuti mu gukomeza gufatira u Burusiya ibyemezo bikakaye.
Kuri uyu wa Mbere Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yavugiye mu nama y’umutekano ko u Burusiya bwagabye ibitero bitandukanye bigamije kwibasira ibikorwa remezo by’ingufu, igisirikare n’itumanaho.
Ambasaderi w’u Burusiya muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Anatoly Antonov, yavuze ko kuba Amerika yiteguye gutanga izindi ntwaro bigaragaza ko na yo iri mu bigize ikibazo.
Yavuze ko nta n’ikindi bari biteze ku butegetsi bwa Amerika, ashimangira ko kwiyemeza guha Leta ya Kyiv intwaro nyinshi zirimo n’izigezweho, ari “ikindi kimenyetso ko Washington yamaze kwemera umwanya wayo nk’umwe mu bagize amakimbirane.”























