Hashize iminsi ibiri Inteko ishinga amategeko ya Uganda yemeje umushinga w’itegeko rihana ubutingangi n’ababushyigikira, ndetse rikagira n’ingingo ivuga ko uzabufatirwamo azahanishwa urupfu.
Ni itegeko Amerika yasamiye hejuru ihita isaba Leta ya Uganda gutekereza kabiri ibyo igiye kwishoramo.
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Antony Blinken, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yavuze ko uyu mushinga w’itegeko urwanya abatinganyi ubangamira uburenganzira bw’ibanze bwa muntu anasaba guverinoma kongera gutekereza neza ku ishyirwa mu bikorwa ryawo.
Umushinga w’itegeko wemejwe n’abadepite muri Uganda uteganyiriza igifungo kirekire umuntu wese bigaragaye ko ari umutinganyi.
Abantu bo mu mashyirahamwe ashyigikira uburenganzira bw’abatinganyi nabo bashobora kujya bafungwa nk’uko iri tegeko ribiteganya
Uyu mushinga w’itegeko urenze kure andi mategeko yari asanzweho muri Uganda abuza gukora imibonano mpuzabitsina ku bahuje igitsina kuko wo ubateganyiriza ibihano bikomeye.
Kugira ngo bibe itegeko bigomba gusinywa na Perezida Yoweri Museveni, nawe umaze igihe agaragaza kudashyigikira abatinganyi.

















