Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Amerika itangiye kotsa igitutu Uganda igiye gushyiraho itegeko rihanna ubutinganyi

Thursday 23 March 2023
    Yasomwe na

Hashize iminsi ibiri Inteko ishinga amategeko ya Uganda yemeje umushinga w’itegeko rihana ubutingangi n’ababushyigikira, ndetse rikagira n’ingingo ivuga ko uzabufatirwamo azahanishwa urupfu.

Ni itegeko Amerika yasamiye hejuru ihita isaba Leta ya Uganda gutekereza kabiri ibyo igiye kwishoramo.

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Antony Blinken, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yavuze ko uyu mushinga w’itegeko urwanya abatinganyi ubangamira uburenganzira bw’ibanze bwa muntu anasaba guverinoma kongera gutekereza neza ku ishyirwa mu bikorwa ryawo.

Umushinga w’itegeko wemejwe n’abadepite muri Uganda uteganyiriza igifungo kirekire umuntu wese bigaragaye ko ari umutinganyi.

Abantu bo mu mashyirahamwe ashyigikira uburenganzira bw’abatinganyi nabo bashobora kujya bafungwa nk’uko iri tegeko ribiteganya

Uyu mushinga w’itegeko urenze kure andi mategeko yari asanzweho muri Uganda abuza gukora imibonano mpuzabitsina ku bahuje igitsina kuko wo ubateganyiriza ibihano bikomeye.

Kugira ngo bibe itegeko bigomba gusinywa na Perezida Yoweri Museveni, nawe umaze igihe agaragaza kudashyigikira abatinganyi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru