Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Malawi: Kiliziya Gatolika irashinja Perezida Chakwera kuba inkorabusa

Tuesday 11 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Kiliziya Gatolika yo mu gihugu cya Malawi yashinje Perezida Lazarus Chakwera kuba inkorabusa kuko ibyo yemereye abaturage byose mu gihe yiyamazaga nta na kimwe arakora.

Ni icyemezo gikubiye mu ibaruwa, abagize Inama y’Abasenyeri muri Malawi bashyize hanze ku wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022.

Muri iyi baruwa aba Basenyeri bavuze ko Malawi ‘igeze ahantu habi’ ugereranyije n’ibindi b’igihugu by’ibituranyi biri gutera imbere.

Bakomeje bavuga ko Malawari kuri ubu yugarijwe n’izamuka ry’ibiciro, ruswa muri Guverinoma, ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli n’iry’amafaranga y’amahanga.

Iri tangazo rigira riti: “Abaturage ba Malawi barambiwe abanyepolitike bakomeje guhatanira kujya mu myanya itandukanye batitaye ku iterambere ry’ababatora.”

Rikomeza rivuga ko ubuyobozi bwa Perezida Chakwera ntacyo burakora mu gukemura ibi bibazo byugarije igihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru