Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Angola yasabye M23 Na Leta ya RDC agahenge kuva 18 Gashyantare

Thursday 12 February 2026
    Yasomwe na

Ibiro bya Perezida wa Angola byagejeje ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no ku mutwe wa M23 bahanganyeho ubusabe bwo guhagarika imirwano guhera ku itariki ya 18 saa sita z’amanywa.

Iri tangazo ntiryasobanuye neza niba ari iya 18 y’uku kwezi cyangwa iy’ukwezi gutaha, ariko ibitangazamakuru byo muri Angola birimo Angola24horas byatangaje ko ari iya 18 y’uku kwezi.


Inama iherutse kubera i Luanda niyo yemerejwemo uwo mwanzuro

Angola ivuga ko iki cyifuzo cyakomotse ku nama yabereye i Luanda ku wa mbere, yahuje Perezida João Lourenço wabatumiye, Faure Gnassingbé wa Togo, Félix Tshisekedi wa DR Congo, na Olusegun Obasanjo uyoboye itsinda ry’abahuza ryashyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kuri iki kibazo.

Nk’uko ibiro bya perezida wa Angola bibivuga, guhitamo iyo tariki byashingiye ku myanzuro yafatiwe muri iyo nama no ku biganiro byagishijwe inama n’impande zirebwa n’iki kibazo.

Kugeza ubu, haba ubutegetsi bwa Kinshasa cyangwa umutwe wa M23 ntibaragira icyo batangaza kuri ubu busabe.
Ibiro bya Perezida wa Angola byongeye kugaragaza ko biteze ko impande zombi zizemera ku mugaragaro iyo tariki yasabwe.

Mu yandi makuru, imirwano yakomeje muri Kivu y’Epfo aho ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo zihanganye n’umutwe wa Twirwaneho ukorana na M23, cyane cyane mu duce twegereye Minembwe Centre, ahavugwa ko ingabo za leta zishaka kongera kugenzura.

Mu gihe kimwe, muri Kivu ya Ruguru havuzwe ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) z’ingabo za leta byagabwe mu bice bya Walikale bivugwa ko bigenzurwa n’inyeshyamba za M23.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru