Ibiro bya Perezida wa Angola byagejeje ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no ku mutwe wa M23 bahanganyeho ubusabe bwo guhagarika imirwano guhera ku itariki ya 18 saa sita z’amanywa.
Iri tangazo ntiryasobanuye neza niba ari iya 18 y’uku kwezi cyangwa iy’ukwezi gutaha, ariko ibitangazamakuru byo muri Angola birimo Angola24horas byatangaje ko ari iya 18 y’uku kwezi.
Angola ivuga ko iki cyifuzo cyakomotse ku nama yabereye i Luanda ku wa mbere, yahuje Perezida João Lourenço wabatumiye, Faure Gnassingbé wa Togo, Félix Tshisekedi wa DR Congo, na Olusegun Obasanjo uyoboye itsinda ry’abahuza ryashyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kuri iki kibazo.
Nk’uko ibiro bya perezida wa Angola bibivuga, guhitamo iyo tariki byashingiye ku myanzuro yafatiwe muri iyo nama no ku biganiro byagishijwe inama n’impande zirebwa n’iki kibazo.
Kugeza ubu, haba ubutegetsi bwa Kinshasa cyangwa umutwe wa M23 ntibaragira icyo batangaza kuri ubu busabe.
Ibiro bya Perezida wa Angola byongeye kugaragaza ko biteze ko impande zombi zizemera ku mugaragaro iyo tariki yasabwe.
Mu yandi makuru, imirwano yakomeje muri Kivu y’Epfo aho ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo zihanganye n’umutwe wa Twirwaneho ukorana na M23, cyane cyane mu duce twegereye Minembwe Centre, ahavugwa ko ingabo za leta zishaka kongera kugenzura.
Mu gihe kimwe, muri Kivu ya Ruguru havuzwe ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) z’ingabo za leta byagabwe mu bice bya Walikale bivugwa ko bigenzurwa n’inyeshyamba za M23.
Chadadi Habimana



















