Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Bahangayikishijwe n’umuturanyi wabo urara mu gisa n’ikibuti

Monday 23 October 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mu karere ka Burera, Umurenge wa Cyanika mu kagari ka Gisovu, umudugudu wa Hanika hari muturage witwa Ntawiha Vestine ufite imyaka 38, uvuga ko abayeho mu buzima bubi ngo bitewe no kurara mu gisa n’ikibuti mu gihe abaturanyi be nabo bamusabira icumbi.

Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga mu murenge wa cyanika yasanze uyu muturage ari kubogoza arira yibaza impamvu ubuyobozi bureberera abaturage butufasha kubona aho ahengeka umusaya ibintu abona nko kuba bamwirengagiza.

Ntawiha Vestine yagize ati:"Maze imyaka irenga 10 muri iyi nzu ababyeyi bansigiye batarapfa, abayobozi bahora bambwira ngo bazampa isakaro ariko narategereje amaso ahera mu kirere, imbeho nukurara iranyica , ngatira ihema nkiyorosa, ndara mfite ubwoba ko ibisimba bizandiramo , muri iki gihe ndi mubuzima bugoye cyane."

Uyu muturage yakomeje agira ati:" Ndatakambye bamfashe banyubakire iyi nzu , nibangirire neza bandwaneho , ndara mfite nubwoba ko bazansangamo bakanyica cg bakazampohotera , hari uwigeze kuza any uza ukuboko hano mu idirisha ndatabaza ariruka , mumbwirire abayobozi bamfashe."

Ku ruhande rw’abaturanyi nabo bavuga ko uyu muturage nta hepfo na ruguru agira bivuze ko nta bushobozi afite aho bamusabira byibuze ko yasakarirwa iyi nzu muri ibi bihe by’imvura, abayeho nabi namwe murabibona rwose.

Umuyobozi w’agategenyo w’Akarere ka Burera Bwana Nshimiyimana Jean Baptiste yavuze ko iki kibazo cy’uyu Muturage agiye kukigira umwihariko hanyuma bakagikurikirana kugira ngo atabarwe.

Meya aragira ati:" Ngira ngo icyo duteganya nukumufasha, n’uyu munsi twakoze inama n’aba Gitifu b’imirenge kugira ngo bagenzure barebe niba bene abo baturage batishoboye bahari, uyu muturage tugiye kumugira (Priority) ndaza guhuza nabo dukorana kugira namugeteho vuba abe yafashwa."

Tuzakomeza gukurikirana iyi nkuru kugira ngo turebe niba ibyo umuyobozi w’Akarere ka Burera avuze byarashyizwe ngiro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru