Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Hari insoresore zambura abaturage zitwikiriye ijoro

Thursday 29 August 2024
    Yasomwe na


Mu murenge wa Kinoni ,mu karere ka Burera mu dusantere dutandukanye, hari insoresore zikitwikira ijoro zikambura abaturage ibyabo ndetse bamwe ngo zirabakubita zikabagira intere.

Izi nsoresore ngo ziba zimaze kunywa inzoga z’inkorano ziganje muri aka gace zikunze guteza umutekano muke.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw ubwo yageraga mu karere ka Burera, aho basaba ko inzego z’umutekano zahagurukira iki kibazo kibangamiye abaturage.

Manikiza Cyprien utuye mu kagari ka Nkumba , yagize ati: "Bamara kunywa inzoga z’inkorano za Kunja, imitaragweja,.bagakora urugomo bakarwana, bamwe bagatega abantu bitahiye nijoro bakabambura utwabo, bakagukubita, bakakwambura telefone n’ibindi umuntu aba afite. Turasaba ko inzego z’umutekano zabahagurukira kubera ko baratujogoroje."

Undi muturage witwa Rwabarinda Anastase yagize ati: "Ni insoresore zimwe zanze gukora, zihengera ijoro rigeze zikambura abantu bitwikiriye ijoro; hari igihe police ibafata bwacya ukabona bagarutse, akaza yigamba ku bantu, yidegembya avuga ati ’ko mwangambaniye murabona batandekuye?’ Turasaba ko leta yajya ibahana by’intangarugero kugira ngo n’ababandi batinye, bareke iyi ngeso yo guhohotera abantu. "

Aba baturage bakomeza bavuga ko hari nubwo umuturage ataha agasanga aba banyarugomo bamutegeye munsi y’urugo iwe ndetse ngo hari n’umuturage uherutse gukubitwa inkoni nyinshi kuri ubu akaba arwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri biherereye mu mujyi wa amusanze.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline yavuze ko hari ingamba bafashe, zirimo kushyiraho uburyo urubyiruko ruhurizwa hamwe rukihangira imirimo no gushyiraho Intore mu biruhuko.

Yagize ati: "Twashyizeho gahunda y’intore mu biruhuko, kandi iki gihe turimo n’igihe cy’impeshyi imirimo imwe iba yaragabanutse kubera ko akarere kacu ka Burera ni abahinzi n’aborozi bityo ugasanga izo nsoresore zigendagenda. Ubu urubyiruko kuva ku myaka 6-18 barimo guhurira hamwe, biga ku byerekeranye no kugira imyitwarire iboneye no kugira indangagaciro na kirazira, turigushyira n’ingufu mu buryo urubyiruko rwajya ruganirizwa mu kwihangira imirimo, kwihuriza mu matsinda. Ubwo inzego zose dukwiye guhaguruka tugashyiramo imbaraga, ngiye kubikurikirana ku buryo iki kibazo kizacika."

Mu bindi abaturage badutangarije ngo nuko izi nsoresore Polisi y’u Rwanda izifungwa hanyuma bamara iminsi bakarekurwa bakagaruka bakanira uwabatangiye amakuru, bityo bidegembya ko ntacyo babaye. Bakifuza ko bajya bafunga bene abo banyarugomo ngo bakararamo igihe runaka kugira ngo bazagaruke nibura barikosoye.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru