Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Basannye umuhanda Gahunga-Cyanika bikiza Perezida none wabaye igisoro

Tuesday 31 October 2023
    Yasomwe na


Abakoresha umuhanda mpuzamahanga wa Gahunga-Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batewe ipfunywe nuko umuhanda wabo wamaze kuba igisoro bakaba bifuza ko wakomeza ugakorwa.

Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu karere ka Burera abaturage binubira uburyo iki gikorwa remezo gikoreshwa cyane cyangiritse bene aka kageni kikarenzwa ingoyi.

Umwe muri aba baturage witwa Twizerimana Eric yavuze ko ubwo umukuru w’Igihugu aherutse kujta i Nkumba muri Burera mu kigo cy’ubutore gusoza itorero ry’Indangamirwa icyicaro cya 13 basannye igice cy’uyu muhanda gihuza Burera na Musanze amaze kugenda baba basibikiye aho ntibakomeza ngo bagere Cyanika.

Yagize ati: "Ubushize bumvise ko umukuru w’igihugu agiye kuza i Nkumba barara bateramo ibiremo ahandi bakagaragaza ko barimo gusana umuhanda ariko byarangiye bagarukiye hano mu Gahunga, twari tuzi ko bazakomeza mpaka bageze Cyanika ariko bahise bacumbikira hano kandi uyu muhanda urakoreshwa cyane, imodoka zose zivuye muri Uganda zikoresha uyu muhanda; turifuza ko bawudukorera bagakoramo ibi binogo."

Undi muturage ukoresha uyu muhanda cyane kuko atwara ibinyabiziga yagize ati": uyu muhanda ugenda wangirika kubera ko kaburimbo imaze igihe kirekire aho usanga ibinogo mu muhanda hagati mu mpande ukaba waragiye utenguka ni ikibazo ku bagenzi natwe dutwara ibinyabiziga twifuza ko uyu muhanda wakorwa kubera ko uri ku rwego mpuzamahanga."

Aba baturage bakomeza bagira bati:"Uyu muhanda ukwiye kubakwa bundi bushya ukagurwa, ugashyirwaho amarigori ndetse bakanadushyiriraho amatara nk’uko indi mihanda mpuzamahanga ifite amatara, uyu muhanda niwo ukoreshwa cyane reba ibikamyo byose bijyanye imari cg bivanye imari muri Uganda birawukoresha, Abayobozi bahora batubwira ngo biri mu nyigo ariko amaso yaheze mu kirere."

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Burera Nshimiyimana Jean Baptiste, yabwiye umunyamakuru wa mamaurwagasabo ko uyu muhanda hari gukorwa ibiganiro n’inzego bireba zirimo n’Ikigo cy’Igihugu cya (RTDA) kugira ngo ube wakubakwa vuba.

Yagize ati:"Uriya muhanda uri ku rwego rw’igihugu twakoze ubuvugizi na RTDA yaradusuye isanga koko uriya muhanda ukwiye kubakwa ndetse ukagurwa ariko mbere y’uko wagurwa turimo turakora ubuvugizi ngo na biriya binogo byagiye bigaragara mu muhanda wa kaburimbo bibe byakurwamo kandi turabona RTDA igenda ibikora neza. Ariko n’ubundi uyu muhanda uturuka i Musanze werekeza i Cyanika biri mu mihigo y’uko uzagurwa, turifuza ko waba ubanje gusanwa turakomeza gukora ubuvugizi."

Uyu muhanda wa Gahunga-Cyanika uramutse ukozwe byakorohereza abawukoresha ndetse byakwihutisha iterambere ku baturage bakarere ka Burera ngo banyotewe no kubona kaburimbo nziza muri aka karere gasa nakasigaye inyuma mu muvuduko u Rwanda ruriho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru