Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bagana ibiro bw’Akagari ka Gafumba, mu murenge wa Rugarama, Akarere ka Burera baravuga ko umwanda ukabije ugaragara mu biro ubateje inkeke, bagasaba ko bakwikosora bakajya batangira serivisi ahantu heza.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga ku biro by’Akagari ka Gafumba yarungurutse muri bimwe mu byumba by’ako kagari abona ntaho hatandukaniye no mu kiraro cy’amatungo.
Kurebamo biroroshye, cyane ko ibirahire by’inzugi byashizemo
Umunyamakuru yahasanze abaturage baje gusaba serivisi aberetse uwo mwanda uri mu kagari kabo, bavuga ko nabo babibonaga gutyo.
Umunyamakuru yashatse kugira icyo abaza abo baturage kuri micro kuri micro za Mamaurwagasabo bararuca bararumira, bavuga ko badashaka kwiteranya n’ubuyobozi.
Mu gushaka kumenya impamvu ibiro by’Akagari bisa uko, twahamagaye Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gafumna kuri tekefone ye ntiyacamo inshuro zose twamuhamagaye. Cyokoze twagerageje umuyobozi w’Akarere ka Burera ku murongo wa Telefone nawe ntiyabasha kwitaba telefone y’umunyamakuru.
Amakuru agera kuri Mamaurwagasabo.rw ni uko tukimara kuva kuri aka kagari ka Gafumba Gitifu wako yabwiwe amakuru ko hari umunyamakuru wahageze yihutira kuhakora isuku.
Iyo ukinjira mu nzira igera kuri ako kagari ubona ko hakubuye ariko wakwinjiramo ugatungurwa n’umwanda ugaragarira amaso.
Usibye iki kibazo cy’umwanda kandi abaturage barashinja Gitifu wa Hafumba kwirirwa afunze ibiro ngo kuko hari abaza gushaka serivisi bakamubura atashyize n’itangazo rigaragaza aho yagiye bigatuma bata umwanya wabo.
Si inyubako y’akagari ifite umwanda gusa kuko n’ubwiherero nabwo butagiheruka gufungurwa, ingufuri yatoye umugese, ukibaza niba butajya bukenerwa.





















