By Imfurayabo Pierre Romeo
Abantu bagera kuri 200 bashyigikiye ishyaka CNL baturuka mu ntara zitandukanye mu Burundi batawe muri yombi kuya 20 Gicurasi ubwo bari mu matora y’umukuru w’igihugu abandi bacirwa imanza mu buryo budasobanutse.
Terence Manirambona uvugira iri shyaka, avuga ko n’uyu munsi kuwa kane hari abandi bafashwe muri urwo rukurikirane rushingiye ku matora yabaye ejo kuwa gatatu.
Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi ejo yabwiye ihuriro ry’ibitangazamakuru mu gutangaza amatora ko umunsi w’amatora wabaye mu mahoro hose mu gihugu gusa polisi ntacyo iratangaza ku bivugwa n’ishyaka rya CNL.
Bwana Manirambona yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko benshi mu bafunzwe ejo ari abari bagiye guhagararira CNL ku tuzu tw’amatora. Ati: "Abo byaraboneka ko hari uruhigi rwabo kuko bafataga nk’umuntu ngo wowe uje ukererewe, bagata muri kasho.
"Abandi uvuze ati ’iki kintu muri gukora ntikisunze amategeko kuko amategeko avuga gutya’, bakavuga bati ’wowe urashaka gutoba amatora’.
"Ahandi bashatse abakuru ba CNL muri komine cyangwa ku mitumba bagata muri kasho ngo ariho aratoba amatora nta muntu numwe uri kugira icyo amurega".
Bwana Manirambona avuga ko hari abahise bacirwa imanza z’ako kanya, akavuga ko izo manza bazicaga uko babonye.
Mbere y’amatora, minisiteri ishinzwe umutekano yategetse ko nyuma y’amatora nta bantu bagomba kuguma ku biro by’amatora, nk’uko hari abakuriye amashyaka bari babisabye abarwanashyaka bayo.
Bwana Manirambona avuga ko abafunzwe uyu munsi atari benshi, ko ari abari bagiye kureba uko kubara amatora bikorwa kuri za komine nk’uko babyemererwa n’amategeko.
Kugeza ubu bimwe mu byavuye mu matora bimaze gutangazwa muri komine zimwe ishyaka CNDD-FDD niryo riri imbere hejuru ya 80% mu mibare rusange y’amatora atatu yabaye.















