Mutungirehe Samuel
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kabiri iyobowe na Nyakubahwa Perezida Kagame Paul yakomoreye utubarikongera gukora ku mugaragaro, ariko tukazafungurwa mu byiciro.
Ubucuruzi bw’utubari bwari bufunze kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe umwaka ushize wa 2021.
Umwanzuro wa 9 mu byemezo by’Inama y’abaminisitiri wanzuye ko utubari tuzafungura mu byiciro, amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda n’Urwego r’Iteramvere RDB.
Mu bindi byahindutse mu mabwiriza ya COVID-19 ni uko isaha zo kugera mu rugo zashyizwe saa tanu ariko ibikorwa byemerewe gukora bikazajya bifunga saa yine z’ijoro.
Ibikorwa byose byemerewe gukora bizajya bifunga saa mbiri z’ijoro uretse mu turere twashyiriweho umwihariko.



















