Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyaruguru: Polisi yafashe abakekwaho kwiba umuturage amafaranga abarirwa mu maliyoni

Tuesday 27 January 2026
    Yasomwe na

Mwijoro ryakeye ryokuwa 25 rishyira 26 Mutarama 2026, mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Busanze Akagari ka Runyombyi kubufatanye n’abaturage Police yafashe abagabo batatu (3) bakekwaho gukora ibikorwa bigayitse by’ubujura aho kw’itariki ya 24 Mutarama bagiye kwiba bacukuye inzu y’umuturage bakamwiba amafaranga arenga miliyoni esheshatu.

Abafashwe Police yabafatanye amafaranga agera kuri miliyoni enye n’ibihumbi maganatandatu na mirongo itatu (4,630,000) ubu bose bafungiye kuri Police Station ya Kibeho Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza.


Polisi yemeje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba ayo mafaranga.

Police irashimira Abaturage by’umwihariko ku myunvira n’imikoranire bakomeje kugaragariza Police hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha batangira amakuru kugihe kandi vuba.

Police ikagira inama Abaturage kwirinda kubika amafaranga mungo zabo, ahubwo ko bagana ibigo by’imari bikababikira ndetse bagakomeza kwitabira gukoresha ikoranabuhanga niho umutekano wa amafaranga yabo wabungabungwa neza kurushaho.


Abagabo batatu bafatanywe arenga Miliyoni 4.

Ikindi Police iraburira buriwese ugifite imitekerereze nimigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n’ituze ry’Abaturage agamije kubiba kubireka kuko kwiba sumwuga ahubwo n’icyaha gihanwa namategeko bityo uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira.

Moise Munyaneza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru