Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

CONGO: Leta yirukanye umwe mu bitabiriye ibiganiro na M23

Tuesday 23 July 2024
    Yasomwe na

Jean Bosco Bahala Lusheke ukuriye porogaramu ya leta ya DR Congo yo kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abari ingabo n’inyeshyamba yakuwe ku mirimo ye, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa pereriza.

Mu butumwa bugufi bwashyizwe ku rubuga X na Tina Salama, umuvugizi wa Perezida Felix Tshisekedi ntiyasobonuye impamvu yo kwirukanwa kwa Bahala Lusheke.

Mu mpera z’icyumweru gishize byavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ko Bahala akuriye itsinda ryoherejwe na leta ya Kinshasa i Kampala mu biganiro by’ibanga n’umutwe wa M23.

Radio RFI ivuga ko yabonye amakuru yemeza ko ibyo biganiro byabereye kuri Imperial Heights Hotel i Kampala, hagati y’intumwa za leta ziyobowe na Jean Bosco Bahala n’intumwa za Alliance Fleuve Congo (AFC) - ihuriro ririmo umutwe wa M23 – rihagarariwe n’abarimo René Munyarugerero na Col. John Imani Nzenze.

RFI ivuga ko intumwa za AFC zayemereye ko ibyo biganiro byabaye, igasubiramo Jean-Bosco Bahala we avuga ko yari i Kampala ariko atahuye n’intumwa za AFC, ko yari mu butumwa bw’akazi ke gasanzwe ko atari yagiye guhura n’abo muri M23.

Ku wa mbere, umuvugizi wa leta Patrick Muyaya yatangaje ko “nta muntu watumwe na leta mu biganiro ibyo ari byo byose” n’umutwe wa M23 “i Kampala.

Ubutumwa bwa Tina Salama uyu munsi ntibusobanura impamvu yo kwirukana Jean Bosco Bahala, gusa benshi ku mbuga nkoranyambaga babihuje n’ibimaze iminsi bivugwa.

Leta ya Kinshasa yavuze ko itazigera igirana ibiganiro n’umutwe wa M23 yita umutwe w’iterabwoba ufashwa na leta y’u Rwanda. Leta y’u Rwanda ivuga ko ikibazo cya M23 ari ikibazo cy’abanyecongo ubwabo.

Isoko: BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru