Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Congo DRC Urukiko rwisanze nta bubasha rufite bwo kuburanisha uwahoze ari Minisitiri w’Intebe

Tuesday 16 November 2021
    Yasomwe na

Urukiko rurinda Iremezo ry’Itegekonshinga rwo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwatangaje ko rwasanze nta bubasha rufite bwo kuburanisha uwahoze ari Minisitiri w’intebe Augustin Matata Ponyo.

Uyu Matata Ponyo hamwe n’abandi bagabo babiri bareganwa bashinjwa kunyereza miliyoni 205 z’amadolari y’Amerika (asaga miliyari 206 mu mafaranga y’u Rwanda) yari agenewe umushinga w’ubuhinzi.

Uru rukiko rwavuze ko imbago zarwo zigarukira kuburanisha gusa ba minisitiri w’intebe bakiri ku butegetsi, atari abahoze ari ba minisitiri w’intebe.

Umushinjacyaha yari yashinje Bwana Matata kugira uruhare kubera ko yari azi ibyo kunyereza ayo mafaranga yo mu mushinga w’ubuhinzi butunganya umusaruro wa Bukanga Lonzo.

Bwana Matata, ahakana avuga ko nta kibi yakoze, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters. Urubanza rwatangiye mu kwezi kwa cumi mu 2020, ariko nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza habayeho iburanisha kabiri gusa, mbere y’iki cyemezo cy’urukiko cyo kuri uyu wa mbere.

Mu kwezi kwa karindwi, ibura ry’ibimenyetso ryatumye uru rukiko ruba runahagaritse kuburanisha Bwana Matata ku bivugwa ko yagize uruhare mu kunyereza arenga miliyoni 110 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 110 na miliyoni 550 mu mafaranga y’u Rwanda) yarishywe abantu ba baringa (batabaho), bagizweho ingaruka na gahunda ya Leta yo kwigarurira za kompanyi n’inganda mu 1973.

Icyemezo cy’urukiko cyo kuri uyu wa mbere gisobanuye ko ubu Bwana Matata ashobora kwizera gusubira mu mwanya we nka senateri mu nteko ishingamategeko.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru