Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Nyamasheke: Umusirikare yarashe abaturage batanu arabica

Wednesday 13 November 2024
    Yasomwe na

Umusirikare wo ngabo z’u Rwanda (RDF) mu ijoro ryacyeye yarasiye mu kabari abantu batanu bo mu karere ka Nyamasheke arabica.

Byabereye mu isantere y’ubucuruzi ya Rubyiruko iherereye mu mudugudu wa Kageyo, akagari ka Rushyarara ho mu murenge wa Karambi, mu ma saa saba z’ijoro.

Byemejwe n’itangazo rya RDF, ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Ugushyingo 2024, ryagaragaje akababaro uru rwego rwatewe n’ibyakozwe n’umusirikare warwo, Sgt Munani Gervais w’imyaka 39.

Mu itangazo ryashyizwe kuri X, RDF yihanganishije imiryango n’inshuti z’abuze ababo kandi ko Sgt Minani Gervais akurikiranwa mu nzira z’amategeko.

Umuturage witwa Mandela yabwiye BWIZA ko mu barashwe harimo bakuru be babiri: Sindayigaya Zephanie na Nsekambabaye Ezra. Bombi bari bubatse.

Amakuru kandi avuga ko mbere y’uko uriya musirikare arasa bariya bantu nyiri akabari barimo yabanje kumugurira Petit-Mützig ebyiri, atumaze undi amusaba kumwishyura.

Bivugwa ko aba bombi bari basanganwe utubazo two kuba yaramwambuye, ibyatumye nyuma yo kwanga kwishyura ziriya nzoga nyiri akabari abwira umusirikare ati: "Genda uzagwe mu ishyamba uzerera!"

Ni amagambo yarakaje cyane umusirikare wahise wikoza hanze gato, agaruka arasa urufaya rw’amasasu ku banyweraga muri ako kabari.

Mu barashwe icyakora ngo ntiharimo nyiri akabari kuko we yahise aca mu idirishya arahunga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru