Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Igabanuka ry’ifaranga ryatumye abaturage basaba Perezida wa Ghana, Anna Akufo-Addo kwegura.
Muri uyu mwaka wa 2022 ifaraga ryo muri Ghana ryagabanutse ku kigero cya 40%, ibintu byatumye abarimo kwigaragamiriza mu Murwa Mukuru Accra banavuga ko ibyo byatumye ibikomoka kuri peterori byarazamutse cyane.
Umwe mu bigaragambya, Rafael Williams, yagize ati “Yananiwe kuzuza ibyo yadusezeranyije byo kongera kuzamura agaciro k’ifaranga, none turamusaba kwegura. Ibiciro by’ibikomoka kuri peterori birimo kwica abantu muri Ghana”.
Ni imwe mu myigaragambyo itandukanye yakozwe muri uyu mwaka, aho abaturage baba bagaragaza uko ubuzima bugenda burushaho guhenda, kuko kugeza ubu ngo hafi kimwe cya kane cy’abaturage b’icyo gihugu batungwa n’Amadolari abiri asaga gato ($2.15), nk’uko bitangazwa na Banki y’Isi.
Ghana ubundi ngo ni igihugu kizwiho kugira umutungo urimo zahabu, peteroli, cocoa, ariko muri uyu mwaka wa 2022, agaciro k’ifaranga ryabo ngo kagabanutseho 40% urigereranyije n’Idolari, ku buryo ngo ifaranga rya Ghana ubu riri mu yafite agaciro gato mu Karere icyo gihugu giherereyemo, ndetse n’ubukungu bwacyo bugakomeza gusubira inyuma.
Umwe mu bigaragambya witw Francisca Wintima, yagize ati “Turabirambiwe, dufite zahabu, dufite peteroli, dufite ‘manganese’, dufite ‘diamonds’. Dufite byose dukeneye muri iki gihugu. Ikibura gusa ni ubuyobozi.”






















