Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Congo yavuze ko kuganira na M23 ari nk’inzozi zitazasohora

Tuesday 7 February 2023
    Yasomwe na

Mu gihe hari hitezwe intambwe ishobora gushyira akadomo ku ntambara n’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo ahabera imirwano hagati y’Umutwe wa M23 na Leta ya Congo, iki gihugu cyeruye ko kitazigera kiganira nawo.

Mu minsi ishize ubwo hateranaga inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize EAC i Bujumbula ku bibazo bya Congo, humvikanye ko Perezida Tshisekedi yemeye kuzaganira n’umutwe wa umutwe wa M23 akumva icyo bifuza ariko bakarambika intwaro hasi amahoro akagaruka.

Gusa Umuvugizi wa Leta ya Congo, akaba na Minisitiri w’itangazamakuru, Patrick Muyaya yavuze ko nta biganiro leta izigera igirana na M23 ndetse nta n’urwandiko urwo ari rwo rwose Perezida Tshisekedi yashyizeho umukono rwo kuganira n’izi nyeshyamba zigaruriye igice cy’ubutaka bw’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Mu kiganiro n’abanyamakuru mu ijoro ryo kuwa mbere, Umuvugizi wa RDC, Patrick Muyaya yashinje u Rwanda kohereza ingabo zidasanzwe muri Congo, avuga ko abafite inzozi zo kuganira na M23 baziheba burundu.

Yavuze ko mu nama yo ku wa gatandatu ushize yabereye i Bujumbura “nta nyandiko iyo ariyo yose perezida yasinye."

Yavuze ko biriya biganiro byabereyemo ukuri kwinshi, bagaragaza ko uruhande rwabo rudahinduka mu gihe umutwe wa M23 utarubahiriza ibyo wasabwe n’amasezerano ya Luanda yo mu Ugushyingo 2022.

Ayo masezerano mu by’ingenzi yategetse harimo; guhagarika imirwano, gusubira inyuma kw’umutwe wa M23, leta ya Congo gukemura ikibazo cy’impunzi, no kurwanya imitwe yose yitwaje intwaro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru