Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more
  • 6 July » Neymar yasezeye gukinira ikipe ya Brazil – read more

DRC: Abana 11 bokejwe na lisansi

Thursday 1 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abana 11 bo mu mihanda ya Kinshasa bazwi nka "Shegués" batwikishijwe lisansi, ubu barimo kwitabwaho n’abaganga, bavurwa ibikomere.

Byabaye mu rukerera rwo ku wa 30 Ugushyingo 2022, aho bikekwa ko byagizwemo uruhare n’itsinda ry’abana bahanganye.

Ni abana bivugwa ko bararaga kuri stade ya Bandalungwa.

Burugumesitiri w’ako gace, Baylon Gaibene, yabwiye Radio Okapi ko “ahagana saa kumi n’imwe z’urukerera, abana batabana n’imiryango yabo barara hanze, buriye urukuta rya stade ya Komini, bagizwe n’abahungu icumi n’umukobwa umwe.”

Yakomeje ati “Baryamye. Nk’uko mubizi, abana batabana n’imiryango yabo baba mu matsinda. Akandi gatsiko karara mu igaraje kazanye lisansi kamena ku bari baryamye muri stade. Batwitse abo 11 bari bahari.”

Igihe dukesha iyi nkuru kivuga ko kugeza ubu, nta muntu byemejwe ko yapfuye, ahubwo bakomeretse.

Bahise bajyanwa ku Bitaro bikuru bya Kinshasa kugira ngo bitabweho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru