Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko kuri kimwe mu bigo bivurirwamo Ebola mu burasirazuba bw’iki gihugu hafashwe n’inkongi y’umuriro bikekwa ko wakongejwe nkana.
Biravugwa ko hari abantu bateye bitwaje imihoro babonwe ku cyumweru nijoro aha hitwa Katwa, mbere yuko iyo nkongi yaduka. Abantu bane barwaye Ebola bahungishijwe.
Nta batangajwe ko bazize iyo nkongi y’umuriro, ariko aho havurirwa Ebola hasenywe.
Abategetsi bo mu nzego z’ibanze bo muri ako gace bemeje inkuru y’iyi nkongi y’umuriro.
Kurwanya ibikorwa by’ubuvuzi bwa Ebola kwakomeje gukoma mu nkokora ibikorwa by’ubutabazi kuri iyi ndwara.
Byemezwa ko imirambo y’abantu bazize Ebola yanduza Ebola ku rwego rwo hejuru, ari yo mpamvu kuyishyingura mu buryo bwizewe ari imwe mu ngamba zo kurinda ko Ebola ikomeza gukwirakwira.
Ibi akenshi bigora imiryango n’abaturanyi kubyakira, cyane cyane iyo bamenyereye uburyo bwa gakondo aho usanga gukora ku mirambo ari ibintu bisanzwe.
Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko Katwa ari ho hantu ha vuba aha haheruka kugaragara Ebola, ndetse kuri ubu ni ho hagaragara umubare uri hejuru cyane w’abarwaye iyo ndwara – abantu 239 – n’umubare munini cyane w’abo imaze guhitana – abantu 182.
Abantu bagera kuri 546 ni bo bamaze guhitanwa na Ebola mu ntara ebyiri zo mu burasirazuba bwa Kongo mu gihe abagera kuri 869 ari bo bamaze kuyandura .
Ni ku nshuro ya cumi Ebola igaragaye muri Kongo – yahagaragaye bwa mbere mu mwaka wa 1976 – ikaba ari no kuri iyi nshuro yibasiye ahantu hagari cyane muri iki gihugu.

















