Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Abasirikare 109 baturuka mu bihugu 20 bamuritse imico y’ibihugu byabo

Saturday 24 January 2026
    Yasomwe na

Umunsi ngarukamwaka wahariwe umuco, ku basirikari 109 biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, baherekejwe n’imiryango yabo basabanye mu mico y’ibihugu byabo irimo indirimbo n’ibyino, basangira ibiribwa n’ibinyobwa.


Brig Gen Andrew Nyamvumba umuyobozi w’Ishuri atangiza umuhango.

Ni ibirori byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Mutarama 2026, aho byitabiriwe n’abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye 109 biga muri iri shuri,

Muri ubwo busabane bujyanye no kumurika imico y’Ibihugu byabo aba basirikare kandi bagiye berekana imirire n’imbyino aho bagiye basabana baganira ubona ko bishimye cyane.

Mu Rwanda ni ho herekanwe ubwoko bwinshi bw’ibiribwa birimo ibigori ,isogi, ibihaza,umutsima w’amasaka bita rukacarara, impengeri n’ibindi biribwa bitetse Kinyarwanda, batubagiwe n’ibinyobwa birimo amarwa, inkangaza n’umutsama urwagwa rwengetse rwari ruhari.

Lt Col Dr John Kakooza , ni Umunyeshuri , yavuze impamvu z’uwo munsi wo kumurika imico, agaragaza n’icyo ubafasha mu buzima bwa Gisirikare.


Lt Col Kakoos John yatangaje ko umunsi wo kumurika umuco ari ingenzi.

Ati”Uyu munsi kugaragaza umuco bifite icyo bivuze mu rwego rwa Gisirikare nta muco nta mutekano, kurinda bijyana n’umuco , Nkuko mwabibonye hano hari hateraniye ibihugu byinshi kandi buri gihugu cyari gifite umuco wacyo cyane ko ibihugu byinshi byo kumuganane wa Afurika bihuje imico.”

Maj Precious MOKGOSI wo mu gihugu cya Botswana nawe avuga ko afata u Rwanda nk’Igihugu cyiza cyimakaza ubumwe ndetse no gusigasira umuco.

Ati ‟Nishimiye kuba mpagarariye Igihugu cyanjye hano mu Rwanda, kandi mu bihugu byinshi bitandukanye u Rwanda rwasobanukiwe numuco wacu nk’abanyafurika ururimi tuvuga ni rumwe kandi nibyingenzi ko nereka abandi bantu uburyo Botswana ari ingenzi.”

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda, Brig Gen Andrew Nyamvumba, yibukije abo banyeshuri ko umunsi wo kumurika imico biri mu ndangagaciro z’iryo shuri, mu kurushaho guteza imbere uburezi bushingiye ku mico itandukanye y’abaryigamo mu rwego rwo kubaka ubufatanye hagati yabo.

Ati”Mu izina ry’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda ndabashimiye mwebwe mwese mwitabiriye ubu butumire bwacu, ibi birori bitegurwa n’abanyeshuri buri mwaka, kandi kumurika umuco hano twabigize intego ikindi ntatandukaniro rikwiye kuba mubatuye isi twese tugomba kuba umwe.”

Ibi birori bibaye ku nshuro ya 13 aho byitabiriwe n’abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye 109 baturuka mu bihugu 20 birimo 19 byo ku mugabane wa Afurika, n’igihugu cya Yordaniya (Jordan).

Amafoto

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru