Nyuma yo kurahirira inshingano zo kuba intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, abadepite batoye ku bwiganze mugenzi wabo Hon. Kazarwa Gertrude kuyobora inteko.
Hon. Kazarwa atsinze mugenzi we bahataniraga uwo mwanya ikomeye mu myanya 5 y’abayobozi bakomeye mu gihugu, aho atsinze Nizeyimana Pie.
Uyu Gertrude Kazarwa utowe aturuka mu mutwe WA politiki wa PL uherutse gutsindira imyanya ikurikira iya FPR Inkotanyi ifite ubwiganze mu Nteko ishinga amategeko ikaba ari nayo iyoboye guverinoma.
Ku mwanya wa Visi Perezida ushinzwe amategeko no kugenzura ibikorwa bya guverinoma hatowe Hon. Uwineza Beline, naho Hon. Sheikh Mussa Fazil uturuka muri PDI atorwa ku mwanya wa visi perezida ushinzwe ubuyobozi n’imari nkuko yari anawusanzweho muri manda itambutse.
Nyuma yo gutora abagize Bureau y’Umutwe w’Abadepite nabo bagiriye indahiro imbere y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame.



















