Ubwo yageraja mu Murenge wa Juru anyuze Nyamata akavumbi k’iyi mpeshyi kabarenze, Kandida Perezida Hon Dr Frank Habineza wa Green Party yasezeranyije abaturage bo mu karere ka Bugesera ko nibaramuka bateye igikumwe ku Nyoni ya Kagoma uyu muhanda uzashyirwamo kaburimbo.
Dr Habineza yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Nyakanga 2024 aho yari yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu murenge wa Juru w’Akarere ka Bugesera, asanga abaturage baje kumwakira ari benshi cyane.
Yagize ati: "Umubyeyi wanjye yanyise Habineza kugira ngo nzagirire neza abanyarwanda. Ubushize mwaradutumye tugeze mu nteko Ishinga amategeko twabikoreye ubuvugizi, ku buryo 70% byagezweho, uyu munsi tuje kongera kubasaba amajwi, ubu n’amajwi inshuro ebyiri kubera ko amatora azaba akomatanyije, mutugirire icyizere tuzakore ibirenzeho."
Uyu mukandida yakomeje agira ati: "Bambwiye ko mufite ikibazo cy’umuhanda Nyamata-Juru, nanjye nawunyuzemo ni ivumbi, turifuza kuzawushyiramo kaburimbo. Ariko ntabwo imihanda yose yashyirwamo kaburimbo ariko igomba gukorwa neza, turashaka gukora ibikorwaremezo byinshi, kandi nimutugirira icyizere bizagerwaho."
Yongeye gukomoza ku bindi bikorwa bateganya kuzakorera ubuvugizi nk’ishyaka Green Party birimo, gukuraho umusoro ku butaka burundu, bazakuraho kandi igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo umuntu amara afunzwe akekwaho icyaha.
Mu karere ka Bugesera uyu mukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu Dr Frank Habineza yakiriwe n’abaturage benshi cyane bari baje kumva ubutumwa abazaniye muri santere ya Kabukuba.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje





















