Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Minisitiri MUSHYA w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel wasimbuye Busingye Johnston.
Byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nzeri uyu mwaka, mu ibaruwa yashyizwe ahagaragara n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.
Dr. Ugirashebuja ni Perezida w’Urukiko rwa Afurika y’Iburasirazuba.
Ugirashebuja yigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ibihugu by’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’i Burasirazuba, EAC.
Dr. Ugirashebuja yigeze kuyobora Ishami ry’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda guhera mu mwaka wa 2004 kugeza mu mwaka wa 2014, ariko mbere y’aho yari umwe mu bari bagize Komisiyo yari ishinzwe gutegura Itegeko Nshinga, iyo komisiyo yakoze guhera mu mwaka wa 2001 kugeza mu mwaka wa 2003.


















