Monday . 10 August 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 24 July » Abanyamakuru basabwe kwirinda kubogama mu gihe bakora inkuru – read more
  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more

Dusengiyumva Samuel yongeye gutorerwa kuyobora Umujyi wa Kigali

Thursday 22 August 2024
    Yasomwe na

Nyuma yo kugirirwa icyizere na Perezida Kagame akagaruka mu nama Njyanama y’umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yongeye gutorerwa kuwuyobora atsinze amatora.

Ni amatora yatowemo na Biro y’Inama Njyanama kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024.

Mbere yo gutora Komite nyobozi y’Umujyi wa Kigali, abajyanama 12 b’Umujyi wa Kigali barimo batandatu bashyizweho na Perezida wa Repubulika ndetse n’abandi 6 batowe bahagarariye uturere dutatu tugize umujyi, babanje kurahirira inshingano.

Meya Dusengiyumva yatowe n’abagize Njyanama hamwe n’abajyanama bagize Imirenge yose igize Umujyi wa Kigali, umwanya atagize undi bawuhatanira.

Mbere yo gutora Komite nyobozi kandi Umujyanama Christian Kajeneni Mugenzi nawe washyizweho na Perezida Kagame ni we watorewe kuba Perezida wa Njanama, Marie Grace Nishimwe nawe washyizweho na Perezida atorerwa kuba Visi Perezida mu gihe Liliose Larisse Nyinawinkindi waturutse mu bajyana bo mu turere ari we watorewe kuba umunyamabanga.

Amatora asize kandi abari abayobozi b’Umujyi wa Kigali bungirije babiri ari nabo bongeye gutorerwa imyanya bariho, bakomeza kuyoborana na Meya Dusengiyumva Samuel.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru