Nyuma yo kugirirwa icyizere na Perezida Kagame akagaruka mu nama Njyanama y’umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yongeye gutorerwa kuwuyobora atsinze amatora.
Ni amatora yatowemo na Biro y’Inama Njyanama kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024.
Mbere yo gutora Komite nyobozi y’Umujyi wa Kigali, abajyanama 12 b’Umujyi wa Kigali barimo batandatu bashyizweho na Perezida wa Repubulika ndetse n’abandi 6 batowe bahagarariye uturere dutatu tugize umujyi, babanje kurahirira inshingano.
Meya Dusengiyumva yatowe n’abagize Njyanama hamwe n’abajyanama bagize Imirenge yose igize Umujyi wa Kigali, umwanya atagize undi bawuhatanira.
Mbere yo gutora Komite nyobozi kandi Umujyanama Christian Kajeneni Mugenzi nawe washyizweho na Perezida Kagame ni we watorewe kuba Perezida wa Njanama, Marie Grace Nishimwe nawe washyizweho na Perezida atorerwa kuba Visi Perezida mu gihe Liliose Larisse Nyinawinkindi waturutse mu bajyana bo mu turere ari we watorewe kuba umunyamabanga.
Amatora asize kandi abari abayobozi b’Umujyi wa Kigali bungirije babiri ari nabo bongeye gutorerwa imyanya bariho, bakomeza kuyoborana na Meya Dusengiyumva Samuel.





















