Eman El-Deeb yemeye guhunga igihugu cye cy’amavuko cya Misiri mu rwego rwo kurengera umusatsi yabonaga n’atava muri iki gihugu bazakomeza kumurwanya bakaba banawumukuraho cyangwa bakamugira igicibwa.
Umukobwa w’imyaka 26 y’amavuko gusa, Eman El-Deeb yahunze igihugu cye muri 2016 nyuma yo kuba yarifuzaga kugira imisatsi nk’iy’Abanyaburayi kandi mu Misiri baka barabifataga nk’icyaha.
Nyuma yo kuva mu Misiri akajya gutura muri Espagne, yishimiye cyane uko abayeho kuko abona ibyo akora byose ntawe bibangamiye.
Yagize ati, “Navuye mu Misiri muri 2016 nyuma yo kubona ko ninguma muri iki gihugu bazamfata nk’uwataye umuco. Nahisemo kwigira aho batazita ku misatsi yanjye cyangwa ngo hagire abumva mbabangamiye”
Eman El-Deeb yakomeje avuga ko hari abayobozi ba bank imwe yakoragaho bahoraga bamusaba kujya muri Salon kurambura umusatsi we ariko bituma afata umwanzuro wo guhunga igihugu.
N’ubwo icyemezo cya Eman El-Deeb cyasaga nk’igitangaje, cyabereye urugero rwiza abandi bagore bitinyaga bumva ko bakoze ibiri mu byiyumviro byabo bagirwa ibicibwa mu gihugu.
Misiri ni kimwe mu bihugu bigira amahame n’imyemerere yihariye ariyo mpamvu abashatse kwigana imico y’abo ku mugabane w’Iburayi bagirwa ibicibwa.

















