Mu masaha y’igitondo cyo ku cyumweru humvikanye urusaku rw’imbunda hagati y’igisirikare cya Uganda, Ingabo zacyo zikorera muri Congo, haza kumenyekana ko barasanaga n’igisirikare cya DRCCongo.
Ibi byabaye kuri iki Cyumweru muri Teritwari ya Irumu, ubwo habayemo kwibeshya, abasirikare ba DRC aribo FARDC, n’aba Uganda, UPDF, ubwo bamwe bari bikanze abo mu mutwe wa ADF, bahuriyeho kurwanya, hanyuma bakarasana ubwabo.
Muri uku kurasana, umusivile umwe yahasize ubuzima hanyuma abasirikare bane ba FARDC barakomera n’umwe wa UPDF, nkuko Radio Okapi yabitangaje.
Ubwo hari abasirikare ba FARDC na UPDF bari kumwe n’abaturage mu bikorwa byo gukora isuku bizwi nka Salongo, mu isanteri ya Idohu, muri Teritwari ya Irumu, hakaza kuza bagenzi babo baturutse mu ishyamba, bari kuri paturuyi, hanyuma bakabikanga bagize ngo nabo mu mutwe wa ADF, bakabarasa.
Colonel Mak Kazukay, Umuvugizi w’ibikorwa bihuriwe hagati ya FARDC na UPDF byo ku rwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, ntabwo yashatse ibi kugira icyo ahita abivugaho, gusa yemera kubivugaho nyuma.
FARDC na UPDF, bahuriye kuri Operasiyo Shujaa, yo guhangana n’umutwe wa ADF, ukomoka muri Uganda.
Yanditswe na Eulade Mahirwe

















