Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

GISAGARA: Kwibumbira mu ishyirahamwe ry’abahinzi byateje imbere ihame ry’uburinganire mu ngo zabo

Monday 11 February 2019
    Yasomwe na

Abagore bibumbiye muri koperative KOABIKIGI iterwa inkunga n’umushinga actionaid baravuga ko kwibumbira mu mashyirahamwe y’ubunzi bibinjiriza bigatuma abagabo babo babuha.

Umushinga Action Aid ni umuryango utegamiye kuri leta uterwa inkunga n’umuryango w’ibihugu by’ubumwe bw’burayi (Europian union) nawo ukaba utera inkunga abahinzi b’imyumbati bo mu karere ka gisagara bagize koperative KOABKIGI binyuze mu mushinga wabo witwa SCAB.

Bamwe muri aba bagore bibumbiye muri iri shyirahamwe ryubunzi bw’imyumbati, bakaba bemeza ko kuba baratinyutse bakishyira hamwe, byongereye ubushobozi bwabo mungo zabo ndetse bikanakomeza imibanire myiza hagati yabo n’abagabo babo, ubusanzwe babasuzuguraga kuko ntacyo babaga binjiza mu rugo.

Josephine Umwe mubanyamuryango b’ishyirahamwe

Nyirahabimana Josephine, umwe mu banyamuryango bishyirahamwe KOABKIGI akaba yarabwiye umunyamakuru wa mamaurwagasabo ko, mbere ataratangira kwibumbira mu makoperative nta jambo yagiraga mu rugo rwe ariko nyuma yo kwishyira hamwe n’abandi, iyo babonye umusaruro abasha kwigurira igitenge, guhaha ndetse n’ibindi byangombwa bikenerwa mu rugo atarindiriye guhabwa amafaranga n’umugabo we.

Mukecuru nyirangarukiye Beatrice w’imyaka 70 y’amavuko ngo yakuze aziko umugore yiyicarira mu rugo arko aho agiriye mu ishyirahamwe yabashije gutunga telephone, akagura amatungo, atera sima mu nzu ye ndetse akanayizanamo n’umuriro.

Beatrice w’imyaka 70 y’amavuko ngo kuva kera umugabo we niwe wamukoreraga burikimwe.

Ubu Beatrice yabashije kugura amatungo nyuma yo kujya mu ishyirahamwe

N’inzu yabo yabashije kuyishyiramo umuriro nyuma yo gushyiramo sima

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru