Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu karere ka Gakenke mu mirenge itandukanye baravuga ko bahangayikishijwe n’indwara ya kirabiranya ikomeje kwibasira urutoki rwabo.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Rusasa aho bavuga iyi ndwara ibateye inkeke ndetse ngo byatumye bamwe batakinywa umutobe.
Umwe muri aba baturage witwa Munyaneza yagize ati:"Indwara ya kirabiranya iraduhangayikishije cyane, hano twezaga Poyo, inyamunyu ariko ubu rwose insina zararwaye kubona umutobe nikibazo, batugiriye inama yo kujya dukuramo inzarwaye ubu mbese twabuze igisubizo kirambye."
Undi muturage witwa Niyonizeye Immaculate yagize ati:"Ubu urubrutoki ndusubirije inshuro ya gatatu , insina zacu zikomeje kurwara tukagenda tuzirimbura , byarayoberanye urimo gutema igitoki ugasanga cyarabaye igititigiri , iyi ndwara ya kirabiranya yadusubije inyuma cyane nk’abahinzi b’urutoli , turasaba abayobozi kudushakira umuti urambye."
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Mukandayisenga vestine yavuze ko iyi ndwara ya kirabiranya ari virusi agira inama abahinzi kujya bakuramo insina zafashwe kugira ngo zitanduza izindi.
Yagize ati:"Ubundi iyi ndwara y’urutoki kirabiranya ni viriusi, icyo dusaba abahinzi b’urutoki nukujya bakuramo insina yafashwe kugira ngo itanduza izindi ntakindi wakora, ntwabwo twari tuzi ko yabaye nyinshi igenda iboneka hamwe na hamwe, abahinzi bakwiye gukomeza izo ngamba."
Mu mwaka wa 2012 nibwo iyi ndwara ya kirabiranya yatangiye kugaragara mu Rwanda mu turere tumwe harimo n’Amajyaruguru , usibye ingamba zo Kurandura insina zagaragaje uburwayi bwa kirabiranya ntakindi gisubizo kiranoneka.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















